27 January, 2015

Filled Under: , ,

Dusobanukirwe n'inzoka zo mu nda


INZOKA ZO MU NDA(Enterobius vermicuralis)
Inzoka zo mu nda n' indwara isanzwe ku bana bari hagati y' imyaka 3-10, ariko n'abantu bakuze n' abari mu zabukuru nabo bashobora kuzirwara. Izo nzoka zo mu nda ziba zifite umubyimba wa milimetero n'uburebure bwa sentimetero, zikaba ari inzoka zifite ibara ry'umweru. Kuzandura biterwa n'amagi y'inzoka agera mu muntu binyuze ku ntoki zanduye umuntu akoresheje ku munwa. Nanone ushobora kuzandura bitewe n'ahantu wakoze: gukoresha intoki mu kibuno(cyane cyane abana nibo bakunze kubikora) - gushyira intoki zanduye ahantu - gukoresha intoki ahantu handuye - gushyira intoki zanduye ku munwa.
Ibimenyetso by'inzoka zo mu nda
• Uburyaryate mu kibuno cyane cyane nijoro
• Kwituma amabyi arimo utuyoka

• Bishobora no kugaraganzwa no kumva udashaka kurya cyangwa kubura amahoro
• Kwishimagura bishobora gutuma wandura indwara z'uruhu zanduzwa n'udukoko duto
Uko wazivura mbere yo kujya kwa muganga
• Inzoka zivurwa n'imiti y'inzoka ifatwa inshuro ebyiri hagati yazo hacamo ibyumweru bitatu (imiti y' inzoka iboneka muri farumasi bidasabye urupapuro rwa muganga). Bariza ubundi busobanuro kuri farumasi!
• Umunsi ukurikira uwo warangirijeho gufata imisatsi ugomba kumesa iby' uraramo, iby'urarana, igikinisho umwana ararana ukanasukura mu byumba. Amagi y' izo nzoka aba yagiye muri matora no mu biringiti wayicisha kubishyira muri sawuna ishyushye cyane cyangwa ukabitera ipasi.
• NI NGOMBWA KUGIRIRA ISUKU INTOKI ZAWE N' UMUSARANE!
• Guca inzara zikaba ngufi.
• Ni ngombwa ko umuryango wose ufata iyo miti ndetse n' abadafite ibimenyetso by' uburwayi bw'inzoka.
• Iyo mu kigo cy' incuke bigaragaye ko byibura kimwe cya gatatu cy'abana barimo barwaye inzoka nibyiza kuvura abana bose bari muri iryo tsinda. Ntabwo umwana agomba gusiba kujya ku kigo cy' incuke kubera ko arwaye inzoka.
Itabaze ibitaro b bikwegereye cyangwa ikigo nderabuzima cyawe, niba
• Waramaze gufata imiti inshuro ebyiri ariko ntibigire icyo bikumarira.
• Hafi y' ikibuno haje uduheri.

0 Comments: