Showing posts with label Indwara z'urwungano nyamaraso. Show all posts
Showing posts with label Indwara z'urwungano nyamaraso. Show all posts

24 November, 2015

, ,

Dore ibyo utari uzi ku ndwara ya Malariya.

Malariya
Malariya ni indwara iterwa n’agakoko ko mu bwoko bwa parazite kitwa plasmodium, gakwirakwizwa no kurumwa n’umubu wanduye kuko warumye umuntu urwaye malariya. Mu mubiri, utwo dukoko duhita tujya mu mwijima aho twikuba tukaba twinshi hanyuma tukanduza insoro zitukura (red blood cells cg globules rouges)
Malariya igaragara cyane mu bice bishyuha, ibibamo amashyamba, cg se ahantu hareka ibidendezi by’amazi
Bimwe mu bimenyetso bya malariya twavuga:
 *. umuriro
*. kumva ufite imbeho (niyo haba hashyushye)
". kuribwa Umutwe
*. kumva ubabara mu ngingo
*. kuruka
Akenshi ibi bimenyetso bitangira kugaragara nyuma y’iminsi 10 na 15 urumwe n’uyu mubu.
Malariya iyo itavuwe neza iba icyorezo gikomeye kuko ishobora kwangiza ibice by’ingenzi by’umubiri (nk’umutima, ibihaha, impyiko n’ubwonko) bikurizamo n'urupfu.
Bimwe mu byo wakora mu kwirinda malariya;
• Mu gihe warwaye ni ugukoresha imiti (ubu uri rusange mu Rwanda no mu karere dutuyemo ni Coartem cg indi miti igaragaramo artemisinin; aha wakwegera Muganga cg umufarumasiye akagusobanurira ku byerekeye iyi miti)
• Hari gukoresha imiti yica imibu izwi nka insecticides
• Kuryama mu nzitiramibu nabyo ni ingenzi mu kurwanya malariya
Ni gute namenya niba ndwaye malariya?
Malariya igaragazwa n’ibizami bya laboratwari bamaze kugufata amaraso, gusa biroroshye kumenya ko urwaye malariya ukurikije ibimenyetso twavuze haruguru.
Malariya ku bagore batwite
Umugore utwite agomba kwirinda malariya mu buryo bwose bushoboka, kuko ishobora kumuhitana kimwe n’umwana atwite. Malariya iteza ibibazo bikomeye harimo; kubyara igihe kitageze, kubyara umwana utuzuye, n’ibindi.
Umugore utwite agomba gufata imiti ya malariya ku nama za muganga gusa.
Bisangize n'abandi turandure malariya burundu

02 June, 2015

, ,

Sobanukirwa Pre-eclampsia, Indwara yo kubyimba amaguru n'ibirenge. Ikunda gufata abagore batwite!

Preeclampsia ni indwara ikomeye ikunda kwibasira  bamwe mu babyeyi batwite. Ikunda kwibasira abagore bafite inda iri hejura y’amezi atanu. Iyi ndwara kandi ishobora gufata  umubyeyi uri no ku bise, abyara cyangwa nyuma gato amaze kubyara.
Irangwa no kugira umuvuduko w’amaraso wo hejuru ndetse no gutakaza za Proteines.
Umubyeyi ufashwe n’iyi ndwara arangwa no kugira umuvuduko mwinshi w’amaraso (high blood pressure).
Umubyeyi kandi atakaza ibyubaka umubiri (proteyini) mu nkari ze (loss of protein in urine).
Kubera umuvuduko minini w’amaraso ndetse no gutakaza ibyubaka umubiri umwijima, impyiko, ndetse n’amaso bigira ibibazo.
Izindi ngaruka mbi z’iyi ndwara ni uko ababyeyi bashobora kubyara abana bafite ibiro bike.
Ni iki gitera pre-eclampsia?
Ubushakashatsi  bwinshi ntibuvuga impamvu ibitera,ubundi bwo  buvuga ko impamvu itazwi.
Ni bande bafite ibyago byo kugira preeclampsia?
Nubwo bigorana kwerekana impamvu nyayo itera pre-eclampsia abahanga berekana ko ababyeyi batwite bwa mbere hamwe n’abatwite impanga aribo bafite ibyago byinshi byo kuyirwara.
Abandi bagore bafite ibyago byo kwandura iyi ndwara ni abatwite impanga, abarwaye diyabeti, impyiko, ababyibushye, abayigize kunda iheruka, cyangwa se abafite umwe mu muryango wayigize.
Ni ibihe bimenyetso bya pre-eclampsia?
Ubusanzwe ababyeyi benshi bumva nta kibazo bafite keretse iyo iyi ndwara ikaze.
Bimwe mu bimenyetso umurwayi wa pre-eclampisa agaragaza ni umutwe umurya cyane, guhinduka mu kureba:kureba ibirorirori( umurwayi atabona neza amashusho amuri imbere),…kubabara mu nda cyane cyane mu gice giherereyemo igifu…
Ni gute pre-eclampsia itera ibibazo ku mwana umubyeyi atwite?
Umwana ashobora kudakura neza mu gihe ari mu nda, hashobora kandi kubaho igabanuka ry’amazi umwana aba arimo muri nyababyeyi.
Aha umubyeyi asabwa kwihutira kujya kwa muganga mu gihe yumva umwana atagikina neza mu nda.
Ese haba hari ibizamini byerekana ko umuntu arwaye pre-eclampsia?
Birahari rwose. Muganga, umuforomo cyangwa se umubyaza bazagufata ibipimo by’umuvuduko w’amaraso.Kimwe mu byerekana ko umubyeyi ayirwaye nuko azaba afite ibipimo biri hejuru y’140 kuri 90.
Urugero: umubyeyi wabwiwe ko afite ibipimo by’umuvuduko w’amaraso wa 150/96 azaba afite umuvuduko w’amaraso uri hejuru naho uzaba afite umuvuduko w’106/67 uzaba uri hasi.
Ikindi kizamini muganga afata ni ikizamini cy’inkari bakazijyana muri Laboratwari gusesengura ngo barebe ko nta ma proteyini ari mu nkari.
Ni gute pre-eclampsia ivurwa?
Umuti wa mbere wayo ni ukubyara umwana utwiswe.
Ariko Muganga  abanza kureba niba icyo gihe aboneye umubyeyi aribwo byaba byiza ko yabyara  cyane cyane no mu gihe n’ubundi yari yegereje kubyara cyangwa habaho gutegereza mu gihe yari akiri kure y’itariki yari kuzabyariraho.
Gusa muganga aha umubyeyi imiti igabanya umuvuduko w’amaraso ndetse n’iyindi irinda umubyeyi kugagara dore ko bishoboka cyane mu gihe umubyeyi atayibonye.
Ni ibihe byago uwagize pre-eclampsia yagira?
Uretse ibyavuzwe haruguru umubyeyi wagize pre-eclampsia ashobora kugira ibyago (complications) nko kuvira amaraso mu bwonko, kwangirika bikabije kw’impyiko byagera naho zasimbuzwa, kwangirika cyane k’umwijima n’izindi ngaruka nyinshi zitandukanye.
Babyeyi rero musabwe gukurikirana ubuzima bwanyu  n’ubw’uwo mutwite. Mujye kwa Muganga hakiri kare  kuko bazabafasha mu gihe babonye ikibazo hakiri kare.
src:umuseke.rw

29 January, 2015

,

Kuva imyuna ni iki? ni gute nakwikorera ubutabazi bw'ibanze igihe nyirwaye? ni ryari najya kwa muganga?

KUVA IMYUNA(epistaxis)
Ijambo kuva imyuna ni kimwe no kuvuga kuva amaraso mu mazuru. Kuva imyuna bishobora kwizana cyangwa bishobora guterwa n'ibicurane, kwipfuna cyane, kuma mu mazuru, ubumuga cyangwa kugira umutima utera vuba vuba ni ukuvuga ufite umuvuduko w'amaraso mwinshi.
Ibimenyetso by'iyi ndwara:


• Kuva imyuna birahindagurika rimwe iza ari mike ubundi ikaza ari myinshi.
Uko wakwivura(wakwikorera ubutabazi bw'ibanze:
• Pfuna amazuru umaremo ibiremve byose.
• Kanda ku mazuru mu minota 15 - 30.
• Ryama ariko umere nk'uwicaye, umutwe wegutse.
• Shyira barafu cyangwa se ishashi irimo barafu hejuru y'amazuru(ku bayibona) no mu irugu(ariko ugire ikintu ubanza ku mubiri){ubukonje butuma imitsi yegerana bityo bikaba byafasha amaraso gukama.}
• Shyira barafu cyangwa se agace ka barafu mu kanwa, kugira ngo byoroshye mu mihogo hafi y'amazuru.
• Mu minsi ibiri wirinde gukora mu mazuru, kurya ibiryo bishyushye, koga amazi ashyushye no kunywa inzoga.
• Mu kwirinda kuva imyuna washyira mu mazuru umuti ubonerwa muri farumasi w'amavuta ya
sezame, vitamine A y'ibitonyanga byo mu mazuru cyangwa umuti upurizwa mu mazuru utuma mu
mazuru horoha.
• Ushobora kugura by'agateganyo udutambaro two mu mazuru, washyiraho utangiye kuva, ngo
imyuna ihagarare.
Itabaze ibitaro cyangwa ikigo nderabuzima cyawe, niba:
• Kuva imyuna bidahagaze hagati y'amasaha 2-3.
• Kuva imyuna bikunda kugaruka inshuro nyinshi.
• Uva imyuna myinshi cyane.