03 February, 2015

Filled Under: , ,

Dore ibiranga indwara ifata umuyoboro w'inkari, menya uko wafasha umuntu uyirwaye.


INDWARA YO KUBYIMBIRWA K'UMUYOBORO W'INKARI KU BANTU BAKURU
Muri rusange indwara yo kubyimbirwa k'umuyoboro w'inkari ikunze gufata igitsina gore n'abantu bageze mu za bukuru.
Ibimenyetso by'iyi ndwara:

• Kumva ushaka kwihagarika buri kanya.
• Kumva ubabara mu gihe wihagarika.
Kugira umuriro.
• Kubabara umugongo wo hasi no mu nda yo hasi.
Kugira isesemi no kuruka.
• Kuzana amaraso avanze n'inkari igihe wihagarika.
Uko wakwivura iyi ndwara:
• Nywa ibintu byinshi, urugero umutobe w'inkeri cyangwa amazi.
• Nywa ikinini kigabanya ububabare mu gihe ari ngombwa.
• Kujya kunyara hagati y'amasaha 3-4 na buri gihe nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina.
• Uharanire kugira isuku ihagije.
Itabaze ibitaro cyangwa ikigo nderabuzima cyawe niba(mbere na mbere ubahamagre kuri telefone)
Ufite umuriro, ubabara mu mugongo wo hasi, ucika intege muri rusange.
Ugira isesemi kandi ukaruka
• Ufata imiti ya kanseri.
Urwaye diyabeti, utwite cyangwa wonsa.
• Uri mu zabukura utangiye kujya akorora cyangwa uvuga ibintu bidahuye.
• Mu nkari harimo amaraso.
• Umwana cyangwa umugabo ufite ibimenyetso by'uburwayi bwo mu rwungano rw'inkari.
• Nubwo unywa umuti wa antibiyotike ibimenyetso by'uburwayi bikaba bikikugaragaraho.
• Ibimenyetso byo kurwara mu myanya y'urunyariro ntibigabanuke kandi wagerageje kwivurira mu rugo.
Niba utwite, itabaze abaganga bavura indwara z'abagore!

0 Comments: