02 November, 2016

Dore uko wasoma amakuru y'ubuzima ku buntu ndetse n'igihe udafite internet. Baza Muganga

Abantu bose baba bifuza kugira ubuzima bwiza. Ni muri urwo rwego isoko nziza y'amakuru y'ubuzima iba ikenewe. Hano ku rubuga rwa BAZA MUGANGA dukora ibishoboka byose kugirango tukugezeho amakuru yizewe yakorewe ubushakashatsi bwimbitse kandi arimo inama z'ingirakamaro zagufasha kugira ubuzima bwiza. Gusa nubwo bimeze gutyo hari bamwe bazitirwa n'uko nta bushobozi buhoraho bwo kugura internet babona. Niba nawe ari uko bimeze, wihangayika. Urubuga Baza Muganga ku bufatanye na Facebook, twishimiye kubamenyesha ko guhera ubu abantu mwese mukoresha umurongo wa Airtel, mushobora kubona amakuru yose mwifuza ku buzima ku buntu. Ubu ushobora gusura uru rubuga ku buntu ndetse n'igihe waba udafite amafaranga kuri simukadi( Simcard) yawe. 

Uko wabigenza ngo usure Baza Muganga nta kiguzi.
1. Ugomba kuba uri gukoresha Simcard ya airtel cyangwa uri gukoresha Wi-Fi(Wireless)
2. Telefone yose ukoresha, andika  aderesi ikurikira www.freebasics.com muri browser ya telefone yawe ahabugenewe, ubundi ushakishe Baza Muganga maze uyongere ku rutonde rw'imbuga uzajya usoma.  Aha noneho ushobora gusoma amakuru yose ushaka kuri Baza Muganga ijoro n'amanywa kandi ku buntu. Gusa hari ubundi buryo ku bantu bakoresha telefone zigezweho( Smartphone). Aba bashobora kujya muri Google Play ubundi  bagakuraho application ya freebasics (the Free Basics app) maze nabo bakajya aho bongereramo imbuga nshyashya bakongeramo Baza Muganga mu mbuga bazajya basura.



Ni ibiki uzasoma kuri baza muganga?

Kuri BAZA MUGANGA twandika ku ndwara zitandukanye. aha uzasangaho indwara zo mu mubiri mo imbere , tuvuga ku mirire myiza ndetse tukarebera hamwe n'uruhare iyo mirire igira ku buzima bwacu, dutanga amakuru kandi tukigisha uko umuntu yakwikorera ubutabazi bw'ibanze, turebera hamwe uko indwara z'uruhu zandura, ibimenyetso byazo, uko twazirinda ndetse n'uko zikunda kuvurwa, tuvuga ku ndwara z'abagore ndetse n'ibindi bibazo bahura nabyo muri rusange haba mu gutwita, kubyara ndetse na nyuma yo kubyara ubundi tukababwira uko babyirinda. Twandika ku ndwara z'abana n'uko twazirinda. Tuvuga ku ndwara zitandukanye bitewe n'ibyiciro nkuko byarondowe hano hasi. Twandika n' inkuru zimwe na zimwe mu rurimi rw'icyongereza aho twashyizeho page igenewe uru rurimi ikaba yariswe( Ask doctor).

BIMWE MU BYO UZASANGA KURI URU RUBUGA