Posts

Showing posts with the label Indwara z'abana

MENYA UKO WAKWITA KU MENYO YAWE NTIYANGIRIKE

Image
Tuvuge ibijyanye n'isuku y'amenyo Abantu benshi usanga batazi uko boza amenyo yabo, nababikora usanga batayoza neza uko bikwiye. Ubushakashatsi bugaragaza ko kutoza amenyo neza aribyo byangiza amenyo n'ishinya kuruta kutayoza namba.  Abenshi ntitwoza amenyo ngo tumare igihe gikwiriye, abenshi ntidukoresha akagozi kagenewe gukura imyanda hagati y'amenyo kandi nanone abenshi ntitugira umuco kureba muganga w'amenyo ngo tumenye ubuzima bw'amenyo yacu. Dore uko wakoresha uburoso bwawe; bufate nkuko ufata ikaramu ubundi usukure amenyo yawe mugihe cy'minota ibiri.  Ni gute wasukura mu kanwa? Oza amenyo yawe ukoresheje uburoso, woze hagati y'amenyo kandi ntiwibagirwe koza ururimi no mu gisenge cy'akanwa. Uburoso bwawe ntibufite kuba buteye mu buryo budasanzwe, gusa bugomba kuba bufite uturoso tworoshye kandi ukabuhindura buri kwezi. Watinda nturenze atatu.

UMUGORE YONSA ATWITE NI IZIHE NGARUKA BIGIRA K'UWO ATWITE? ESE WE BIMUGIRAHO IZIHE NGARUKA? ESE HARI INGARUKA BIGIRA K'UWO YONSA?

Image
ESE UMUGORE YONKEJE ATWITE BYAGIRA INGARUKA KURI WE, K'UWO ATWITE CYANGWA UWO YONSA? Abantu benshi bibaza iki kibazo kuko bijya bibaho ko umugore asama kandi yonsaga, bigatuma hibazwa niba agomba gukomeza konsa cyangwa se kubihagarika, bitewe no gutinya ko byamugiraho ingaruka we ubwe, uwo yonsa cyangwa se uwo atwite. Abantu babivugaho byinshi bitandukanye, ariko reka turebe icyo abahanga babivugaho. INGARUKA ZO KONSA KU MUGORE UTWITE KU BUZIMA BWE BWITE Hari ubushakashatsi bwerekanye ko umugore iyo yonsa atwite ashobora kugira ibibazo byerekeranye n'intungamubiri (problemes nutritionnel) bigaragarira cyane cyane mu kunanuka cyangwa se gutakaza ibiro (Merchant, 1990). Icyakora, abo bashakashatsi bagaragaje ko ibyo bibaho ku bagore bari basanzwe n'ubundi bafite ibibazo byo kubona ibibatunga, bityo abatabifite bakaba batagira izi impungenge. Ikindi kivugwa ku ngaruka zishobora kuba kuri uyu mubyeyi ni ukubyara igihe kitageze. Ibi ababivuga bas...

URUHINJA RUVUKA RUNANIWE, ni ryari bavuga ko umwana yavutse ananiwe? Dore Ingaruka bigira ku mwana, Soma uko mwabyitwaramo igihe mufite umwana wavutse unaniwe. Soma uko wakwirinda kuzabyara umwana unaniwe.

Image
ESE U RUHINJA RUVUKA RUNANIWE RUZAHURA N'IBIHE BIBAZO? ABABYEYI BABYIFATAMO BATE? URUHINJA RUVUKA RUNANIWE BISOBANUYE IKI ? Iyo abanyarwanda bavuze ngo umwana yavutse ananiwe, biba bishatse kuvuga ko umubiri w'umwana (cyane cyane ubwonko) uba utagerwaho cyangwa ugerwaho n'umwuka muke witwa ogisigeni (oxygene:O2) kandi ufite ubushobozi bucye bwo kwivanaho umwuka mubi witwa diyokiside ya karibone ( dioxyde de carbone:CO2). Ibi bituma umubiri ugira aside (acides) nyinshi, bikaba byanatuma umwana apfa. KUBERA IKI URUHINJA RUVUKA RUNANIWE KANDI RUBA RUMEZE NEZA MBERE Y'UKO MAMA WARWO AGIRA IBISE? Hari ibice by'umubiri nk'ubwonko bizahara cyane iyo okisijeni (oxygène) ibaye nke cyangwa ikabura. Akenshi ubwonko buzahazwa n’indwara karemano (maladies génétiques, métaboliques ou malformatives). Kandi bizwi ko ubwonko aribwo bugenga ubwenge n'imikorere y'umubiri :ubwonko nibwo butuma uruhinja rwonka, ruhumeka, rumenya gusek...

Wari uziko ibicurane bishobora guhitana umwana wawe igihe utamwitayeho? Dore icyo wakora!

Image
BABYEYI, MWARI MUZI KO IBICURANE BY’ABANA BISHOBORA KUBA INTANDARO Y’URUPFU RWABO Burya akenshi ibicurane biterwa n’udukoko twitwa “virus”. Duturutse mu zuru, utu dukoko rero dushobora kujya mu bice by’umubiri bitandukanye ari nako dutera ibibazo bishobora kumerere nabi abana bafashwe: MU MAZURU: inyama zayo zirabyimba n’ibimwira bikaba byinshi, maze amazuru agafungana, guhumeka bikaba ikibazo. Ku mpinja n’utwana duto tutazi kwipfuna, kubera ko umuyoboro wo mu mazuru uba wabaye muto cyane, kwinjiza umwuka biragorana, bigasaba gukoresha akanwa, bityo kwonka bikagorana cyangwa ntibibe bigishobotse (kubera ko iyo yonka ubusanzwe ahumekera mu mazuru), ubwo inzara n’umwuma bikaba byamumerera nabi, n’amaraso akabona umwuka muke maze inyama zifitiye umubiri akamaro kurusha izindi (ubwonko, umutima, imbyiko,…) ntizibone umwuka uhagije maze zikahazaharira bikaba byamuviramo gupfa. MU TUYOBORO DUTO TW’UBUHUMEKERO ari natwo tugeza umwuka aho amaraso awuvomera, n...

Sobanukirwa ibirebana n'Ifishi yo Gukurikirana Imyaka n’Ibiro by’Umwana

Image
Ifishi yo Gukurikirana Imyaka n’Ibiro by’Umwana: Iyi fishi ikoreshwa mu kuzuza amakuru arebana n’imikurire y’umwana uko igihe kigenda. Ayo makuru yandikwa ku i fishi akaba ari imyaka n’ibiro by'umwana. Mu RWANDA hari gahunda ya Bur i kwezi , aho ababyeyi bakangurirwa gupimisha abana babo ku bajyanama b'ubuzima. Umujyanama w ubuzima akaba aba a gomba gupima ibiro by’abana bose bari mu gace ukoreramo a kandika Imyaka/Ibiro ku mafishi y’imikurire yabo. Icyo iriya fishi isobanura: U mutuku = umwana agomba guhita yoherezwa ku ivuriro. Umuhondo = Imirire y’umwana igomba kugenzurwa n’umuryango ukigishwa uburyo bwo guha umwana ifunguro ryuzuye. Icyatsi kibisi = umwana afite ubuzima bwiza. Umuryango ugomba gushimirwa no gukomeza ishyaka mu kugaburira umwana neza.

Impengeri cyangwa se utubyimba two ku mubiri, ushobora kutwirinda ukaturinda n'abo mubana

Image
IMPENGERI CYANGWA UTUBYIMBA Reba no ku miswa yo mu birenge . Impengeri ni utubyimba duto duterwa na virusi ituma abana bazana uduheri, ntibikunze kuba ku bantu  bakuru. Abakunda kurwara impengeri cyane cyane ni abantu bafite uruhu rwumye n'abana bafite uruhu  rurwaragurika. Igihe cyo kwandura gisimburana kuva ku ibyumweru bibiri kugeza ku byumweru bitandatu. Impengeri akenshi zimara amezi, rimwe na rimwe zikamara imyaka kandi aho zivuye ntizihasiga inkovu. Umwana uzirwaye ntabwo abagomba kwirindwa kwegera abandi, ngo bimubuze kujya ku kigo cy'incuke  cyangwa ngo bimibuze kujya ku ishuri. Impengeri cyangwa utubyimba ubusanzwe turikiza nta wundi muti  uhambaye bisaba. Ibimenyetso by'iyi ndwara: • Agahengeri kaba kangana na milimetero ebyiri urebeshe amaso agahengeri kaba kangana n'agaheri  gasanzwe ariko mo hagati ushobora kubonamo akantu. • Impengeri zishobora kuba ari mbarwa, zirenga icumi cyangwa zirenga ijana. • Akenshi impengeri ziza ahantu hari uru...

Ni gute nafasha umwana wange urwaye ibicurane? Ni ryari najya kureba Muganga? Ese kumwivurira nabishobora? Ni iyihe miti nagura muri farumasi?

Image
IBICURANE KU BANA Ibimenyetso Umwana ashobora kugaragaza: • Gufunga mu mazuru • Kuzana ibimyira • kubabara mu mihogo • Kugira umuriro, kumva ufite imbeho • Inkorora itangira kuza hagati y'iminsi ibiri, kandi birasanzweko iy'inkorora imaze igihe kirekire, ibindi bimenyetso by'uburwayi biba bisa nibyashize • Ibicurane bimara akenshi hejuru y'icyumweru  kwitsamura... Dore uko wavura  Umwana wawe mbere yo kujya kwa muganga: • Ukore kuburyo umwana anywa ibintu bihagije! • Umuti ugabanya ububabare no kubyimbirwa (ibuprofeeni) n'umuti ukiza ububabare cynagwa ugabanya umuriro (parasetamoli) ni imiti ikomeye igabanya umuriro uterwa n'ibicurane kandi ugakiza no kutamererwa neza mu mubiri. Urugero rw'umuti uha umwana ruterwa n'imyaka n'ibiro bye! Bariza ubundi busobanuro kuri farumasi! Ntuzahe umwana asetosalisiliya. • Impapuro zagenewe kwipfunisha ni umuti w'ibicurane. Koresha impapuro zagenwe kwipfunisha zikoreshwa rimwe zigahita z...

AKAMARO K'UMUNEKE MU UMUBIRI WAWE

Image
AKAMARO K'UMUNEKE Icy'ibanze twawumenyaho:   Umuneke ni ikiribwa kiboneka ahantu henshi kwisi, ndetse no mu Rwanda ikaba iboneka ahantu hose. Iki kiribwa k ikaba gihabwa agaciro gake mu Rwanda ndetse hakaba hari na bamwe banga kugifungura ngo ni ikiribwa cy'abana ariko nk'uko tugiye kubibona gifite akamaro gakomeye kuko gifite ama vitamini asaga 11 ariko reka tuvuge make : Intungamubiri ziba mu muneke: Vitamin B6 21.5% Vitamin C 17.1% Manganese 16% Fibers(fibres)[zirwanya kwituma nabi( constipation )] 12.2% Potassium 12% Calories5% Akamaro kawo: Umuneke ni ikiribwa gikenewe kubantu bose kuva kumwana ukageza ku muntu mukuru (abasaza). Abantu bakora imyitozo ngorora mubiri babona imbaraga bikomotse mu kurya umuneke kuko umuneke ukize kuri potassium.U yu munyungugu wa potasiyumu ukaba ufite akamaro kanini cyane ku mikorere y'imikaya yaba iyo mu mubiri hasanzwe cyangwa se ifasha umutima gutera kuko iyo umuntu yawubuze mu mubiri we umutima we utera nabi cyane kan...

AKAMARO K'INYANYA MU MUBIRI WAWE

Image
DORE ICYO INYANYA ZIMAZE MU MUBIRI WAWE Iby'ibanze twazimenyaho : Inyanya ni kimwe mu biribwa byagaragaje ubushobozi bwo kurinda ubuzima bw’umuntu.Byaragaragaye ko inyanya ari kimwe mu biribwa bifite akamaro ntagereranywa ku buzima bw’umuntu, kuko  uretse kuba zikungahaye mu ntungamubiri, zinafite ubushobozi bwo kurinda umubiri indwara zitandukanye. Intungamubiri zifitemo n'akamaro kazo: Inyanya  zikungahaye kuri vitamin C kandi zibonekamo imyunyungugu(Minerals) ya Manyeziyumu(Mg), Fer, zink, cuivre n’indi myinshi ifasha umubiri kumererwa neza. Birazwi ko inyanya zishobora gufasha umubiri guhorana itoto kuko zifite "lycogene”, irwanya gusaza k’uruhu. Inyanya kandi ngo zifite ubushobozi bwo kurwanya ikibazo cyo kubura amazi mu mubiri( Dehydration ), ndetse ngo uwaziriye bimufasha kudahura n’ikibazo cyo kunanirwa kwituma( constipation ) kuko zifite umunyungugu wa potasiyumu, utuma umuntu yituma neza, kandi uyu munyungugu wa potasiyumu ufite akamaro kanini cyane ku m...