Posts

Showing posts with the label Ibyo turya n'intungamubiri zibirimo

Sobanukirwa indyo yuzuye n'ibiyigize, Ese warya cg wakora iki ngo ubashe kugabanya ibiro? Muganga arakugira inama

Image
Mu buzima busanzwe usanga abantu benshi tubayeho uko twifuza mugihe dufite ubushobozi,twajya kurya tukibanda ku bituryohera  cg ibyo dukunda nyamara bikaba bishobora kutagira icyo bimarira umubiri wacu kuko tuba twabifashe mu buryo budakwiye, umubiri ukabisohora byose cg ugakuramo intungamubiri zikenewe ibindi umubiri ukabisohora hanze ndetse ibinyamavuta n'ibinure umubiri ukabibika ku ruhu,ari nayo mpamvu umubyibuho ukabije ugenda wiyongera cyane mu bantu ndetse kandi bamwe bikabaviramo kurwara indwara zitandukanye. Indyo yuzuye yiganzamo imbuto Imbaraga umubiri ukoresha uzikura mubyo tuba twariye,sibyiza  gufata ibiwunaniza,uzasanga abantu benshi bakunda kurya cyane mumasaha akuze yijoro,nyamara ubushakashatsi bwagaragajeko amafunguro meza ari aya mugitondo mbere yo gutangira akazi ndetse no kumanwa,bikabanzirizwa no kunywa amazi menshi. Bityo tukaba twifuje kubagezaho ibigize indyo yuzuye,indyo yuzuye igizwe n'ibiryo byudutsiko tugeze k...

AMATA: AKAMARO KAYO. ESE WARI UZI KO AMATA YAHINDURA URUHU RWAWE?

Image
Iyo umwana avutse, ifunguro rye rya mbere ni amashereka icyo twakwita amata y’umubyeyi we. Amashereka ya mbere umwana yonka akivuka akenshi aba asa n’umuhondo (twita colostrum mu rurimi rw’icyongereza), aba yuzuyemo abasirikare b’umubiri ndetse n’ubwirinzi buhambaye buzafasha wa mwana uvutse mu gihe cy’amezi 6, kwirinda indwara kandi agatuma ahorana imbaraga. Nanone  afasha umubiri w’umwana kwikorera abasirikare be ku giti cye bazajya bamurinda indwara mu gihe cy’ubuzima bwe bwose. Ku bantu bakuru amata arimo intungamubiri z’ibanze dukenera: harimo ibyubaka umubiri, ibitera imbaraga ibinyamavuta ndetse n’ibirinda indwara. Ibyo bikaba biri mu bintu dukeneye  buri munsi kugirango imibiri yacu igumye ibeho kandi imererwe neza. Kutanywa amata bishobora kutakugiraho ingaruka z’ako kanya, gusa uko igihe kigenda gihita ushobora guhura n’ingaruka zimwe na zimwe zo kutanywa amata nko gucika intege. Ku bagore bo bakunda kugira ikibazo cyo kugira amagufa adakomeye kubera kubura umu...

MUBYEYI, ESE WARI UZI INYUNGU ZO KONSA UMWANA WAWE?

Image
INAMA ZIGIRWA ABABYEYI MUBIJYANYE NO KONSA UMWANA Nk'uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bunyuranye bwakozwe, konsa umwana ni kimwe mubintu kamere (natural) umubyeyi akorera umwana we, kikaba ari igikorwa gifitiye akamaro kanini cyane ubuzima kuva akivuka ndetse kugeza ubuzima bwe bwose, Ibyo rero bikaba bituruka kuntungamubiri zinyuranye ziboneka mu mashereka umwana yonka zikaba ntahandi hantu mubyukuri yashobora kuzibonera. Mu mashereka habamo Abasirikare (Antibodies) bafite ubushobozi bwo kurinda umubiri w’umwana indwara zinyuranye kuva akivuka,ibyo bikagabanya umubare w’indwara zikunze kwibasira abana bato nk’impiswi, kuruka n’izindi,ibyo bigaterwa ahanini n’uko amashereka ariyo yonyine muri rusange igifu cy’umwana kibasha gusya neza kuva akivuka.Konsa umwana rero n’impano ikomeye nyina umubyara agomba guha umwana we,itagira indi binganya agaciro mumpano zose yashobora kuzamugenera ubuzima bwe bwose.Umwana siwe wenyine rero ubona izo nyungu kuko nku...

SOBANUKIRWA UBURYO BUTANDUKANYE BWO KONSA

Image
UBURYO BWO KONSA Umwana agomba kuba hafi ya mama we akivuka (skin to skin contact) no gushyirwa ku ibere akimara kuvuka kuko aba afite ubushobozi bwo gutangira konka mugihe yaba ntabindi bibazo yavukanye. Bibaye bidashobotse kubera impamvu zimwe na zimwe byatinze ntibirenze isaha imwe avutse atarashyirwa ku ibere ryanyina,mugihe umwana azaba atabashije konka,ningombwa kwihutira kumugeza kwa muganga kugirango hakoreshwe ubundi buryo bwo kumuha amashereka hifashishijwe agapira kabugenewe banyuza mumuhogo kakagera mugifu (sonde naso-gastrique). Umwana agomba konswa kenshi gashoboka n’ukuvuga igihe cyose abishakiye (nibura inshuro 8 kugeza kuri 12 kumunsi).Muntangiriro biba bigoranye kuko hari igihe umubyeyi yongera kumva ibise, bitewe n’uko nyababyeyi iba irimo gusubira nkuko yahoze mbere yo gutwita (sa taille normale) ibyo bigafasha umubyeyi kutava amaraso menshi nyuma yo kubyara nkuko twabibonye mu isomo ryabanje (inyungu ku mubyeyi wonsa ),ubwo bubabare ...

ESE UMUBYEYI UTIRIRANWA N’UMWANA YAMWONSA ATE? NI IKI UMUGORE WONSA YARYA KUGIRANGO UMWANA WE AMERERWE NEZA

Image
NI GUTE UMUBYEYI UTIRIRANWA N’UMWANA YAMWONSA? Nk'uko twabibonye mumasomo yatambutse mbere, umwana agomba konka atavangiwe ikindi ikintu amezi atandatu yambere y’ubuzima. Mugihe umubyeyi atiriranwa n’umwana we kubera impamvu zinyuranye (akazi,amasomo,…) ashobora gukama amashereka akayasigira abiriranwa umwana bakaza kuyamuha mu gihe aza kuba adahari,ariko mu gihe akiri kumwe nawe ndetse n’igihe atashye akihatira kumwonsa kenshi gashoboka.Amashereka rero yakamwe abikwa mu kintu cyabugenewe gifite isuku kandi gipfundikiye neza, agahabwa umwana hakoreshejwe agakombe gasukuye neza kandi gapfundikirwa (nibyiza gukoresha agakombe kuko biba byoroshye kugasukura kuruta gukoresha biberon na za tétine usanga bisaba gutekwa (stérilisation) igihe cyose mbere yo gukoreshwa ibyo bitakubahirizwa umwana akibasirwa n’indwara zirimo impiswi zikunze guhitana abana Amashereka ashobora kubikwa nibura amasaha umunani (8 heures) ahantu hari igipimo cy’ubushyuhe gisanzwe(à ...

UMUGORE YONSA ATWITE NI IZIHE NGARUKA BIGIRA K'UWO ATWITE? ESE WE BIMUGIRAHO IZIHE NGARUKA? ESE HARI INGARUKA BIGIRA K'UWO YONSA?

Image
ESE UMUGORE YONKEJE ATWITE BYAGIRA INGARUKA KURI WE, K'UWO ATWITE CYANGWA UWO YONSA? Abantu benshi bibaza iki kibazo kuko bijya bibaho ko umugore asama kandi yonsaga, bigatuma hibazwa niba agomba gukomeza konsa cyangwa se kubihagarika, bitewe no gutinya ko byamugiraho ingaruka we ubwe, uwo yonsa cyangwa se uwo atwite. Abantu babivugaho byinshi bitandukanye, ariko reka turebe icyo abahanga babivugaho. INGARUKA ZO KONSA KU MUGORE UTWITE KU BUZIMA BWE BWITE Hari ubushakashatsi bwerekanye ko umugore iyo yonsa atwite ashobora kugira ibibazo byerekeranye n'intungamubiri (problemes nutritionnel) bigaragarira cyane cyane mu kunanuka cyangwa se gutakaza ibiro (Merchant, 1990). Icyakora, abo bashakashatsi bagaragaje ko ibyo bibaho ku bagore bari basanzwe n'ubundi bafite ibibazo byo kubona ibibatunga, bityo abatabifite bakaba batagira izi impungenge. Ikindi kivugwa ku ngaruka zishobora kuba kuri uyu mubyeyi ni ukubyara igihe kitageze. Ibi ababivuga bas...

Menya byinshi ku ISUKU Y’IBIRIBWA, byaba ibiryo bifunze ibituruka mu nganda cyangwa ifunguro witegurira mu rugo iwawe.

Image
ISUKU Y’IBIRIBWA Isuku y’ibiribwa ni ingenzi mu buzima bwacu bwa buri munsi mu rwego rwo kwirinda indwara zituruka ku isuku nke.   Zimwe mu mpamvu zituma  ibiribwa bihumanywa n'udukoko  twanduza, ni uko haba habaye isuku nke mu gihe ibiribwa bitegurwa( production), bitunganywa ( transformation), bibikwa (conservation) n’igihe byoherezwa ( distribution des denrees), n’igihe biribwa (consomation). Bimwe mu bimenyetso bigaragaza ko umuntu yandujwe n’ibiribwa.   Kuribwa mu nda, guhitwa, kuruka, kuribwa umutwe, kuba wagira umuriro ndetse n'ibindi; Ibi kandi bikagaragara vuba nyuma yo kumara kurya biriya biribwa. Ibyo bimenyetso bishobora gukomera cyane ku bantu ubudahangarwa bw’umubiri bwo guhangana n’indwara bwagabanutse. Aha twavuga: abana bari munsi y’imyaka itanu, abagore batwite, abageze mu za bukuru ndetse n’ababana n’ubwandu bwa SIDA. Hari uburyo shingiro  butatu (3) bwo kwita ku isuku y’ibiribwa:   ...

Ese indwara ya Diyabete y’ubwoko bwa 2 iteye ite? Ni nde ushobora kuyirwara?

Image
Kugeza umunsi wa none nta muti urasohoka ukiza indwara ya Diyabete burundu. Mbese Diyabete ni indwara ki ? Nk`uko igitabo nifashishije kitwa “Lange Curent Medical Diagnosis and Treatment 2008” kibivuga, Diyebete ni uruhurirane rw`ihungabana mu mubiri w`umuntu guturutse ku izamuka rikabije ry`ibipimo by`isukari mu maraso. Ibyo biterwa n`ibintu bibiri : - Kubura k`umusemburo (hormone) witwa insuline. - Kuba uwo musemburo witwa insuline utabasha kwakirwa n`umubiri (Resistance) bifatanyije n`uko insuline itarekurwa ku rugero rukenewe. Hari amoko abiri ya Diyabete: -Diyabete bita Type I, iterwa n`uko utunyabuzima remezo (cellules, cells) twitwa Islet B twangiritse. Iboneka cyane mu bana no mu ngimbi -Diyabete bita Type II, niyo iboneka kenshi. Ubundi ku muntu muzima iyo Insulin itakiriwe neza ngo ikore akazi ishinzwe mu mubiri, habaho kongerwa mu bwinshi byayo, ariko kuri iyi Diyabete, ntabwo habaho kwiyongera k`ubwinshi bw`uwo musemburo. Iyi Diyabete iboneka ken...

UBUKI, Dore akamaro ubuki bufite ku buzima bwawe

Image
Hari abantu bafata ubuki nk’ikintu kibonekamo uburyohe buhebuje nyamara hari ibindi ubuki bushobora kudufasha mu buzima bwacu bwa buri munsi. 1.    Bushora kukuvura udusebe two mu kamwa no mu mara. Kunywa amata n’utuyiko tubiri tw’ubuki kabiri ku munsi bizagufasha gukemura iki kibazo, 2.    Kugabanya umuvuduko w’amaraso na choresterol mbi. Kunywa amazi n’akayiko k’ubuki ukabikora buri munsi bishobora kugufasha gukemura iki kibazo, 4.    Gukiza igisebe. Gusiga ubuki ku gatambaro ugashyira ku gisebe bifasha kuba kitazamo amashyira ndetse kikanakira vuba. 5.    Ngo nanone ku bantu bafite indwara zitazwi cyangwa se zidakira bajya bakunda gufata amafunguro arimo ubuki ngo kuko byabafasha kuba bakoroherwa n’izo ndwara. Kuba ubuki rero bushobora kugira umumaro nk’uyunguyu bubikesha ko buba bwakozwe hakusanyizwe ibyo inzuki ziba zakuye ku ndabo zitabarika, ndetse no ku bimera bitandukanye biba byivanzemo imi...

Avoka urubuto rwibitsemo intungamubiri nyinshi. Soma utumaro 10 avoka ifitiye umubiri wawe.

Image
Avoka nk’ikiribwa gifitiye akamaro umubiri wacu bitewe no kuba ikungahaye ku mavitamine nka A, B, C na K, usanga hari bamwe batacyitaho cyane cyane aho abagabo benshi bakunda kuvuga ko ari ikiribwa cyagenewe abana n’abagore, mu gihe mu bihugu byateye imbere ari nkitegeko ko buri mafunguro hagomba kuba hongeweho ibikomoka kuri Avoka. Akaba ari yo mpamvu tugira ngo turebere hamwe icyo ishobora kumarira umubiri wacu.  1. Ifasha umutima gukora neza hakoreshejwe vitamine B6 na vitamine E dusanga muri iki kiribwa. 2. Igabanya ikigero cya “cholesterol” mbi: ubushakashatsi bwakozwe mu kureba ibigabanya cholesterol mu maraso bwagaragaje ko 17% byabongeraga Avoka ku mafunguro yabo bagabanukiwe na cholesterol mbi mu maraso yabo ku rugero rufatika. 3. Irinda ihindagurika ry’umuvuduko w’amaraso bitewe n’uko ikungahaye kuri Potasiyumu. 4. Ifasha umuntu kugira amaso mazima bitewe nuko ikungahaye kuri carotenoid ifasha mu kurinda imitsi ifasha ijisho mu gihe umuntu arihinduk...

AKAMARO K'INKERI MU MUBIRI WAWE

Image
Inkeri ni utubuto duto dutukura cyane, turyohera kandi duhumura neza twera ku gihingwa gifite indabo z’umweru. Inkeri ziba mu bwoko bw’imbuto zifite utubuto duto cyane twinshi (muri uyu muryango izindi zizwi ni Blueberry na Raspberry), zera cyane mu bice bibamo ubukonje. Inkeri zishobora kuribwa zonyine cg se zigakoreshwa mu bundi buryo; mu mata, umutobe, ice cream cg keke. Inkeri zikoreshwa mu gukora imibavu, bombo zitandukanye, utuvuta two ku munwa n’ibindi.   Akamaro k’inkeri ku buzima Inkeri ziha umubiri imbaraga nke (muri garama 100 z’inkeri habamo calorie 32) zifite ibinure bike cyane 0.3g ariko zikungahaye ku zindi ntungamubiri, vitamini zitandukanye n’imyunyu ngugu. Inkeri zigisarurwa cg zimaze igihe gito ni isoko ikomeye ya vitamini C (muri garama 100 z’inkeri usangamo ingana na 58.8mg ni ukuvuga 98% ya vitamini C umubiri ukenera ku munsi). Kurya imbuto zikungahaye kuri vitamini C biha umubiri ubushobozi bwo kurwanya indwara zituruka kuri mikorobe ...

AKAMARO KA POME MU MUBIRI WAWE

Image
Pome ni imwe mu mbuto zamamaye cyane kandi zizwiho kugira intungamubiri cyane, yaba ari ku bantu basanzwe cg abakora imyitozo ngorora mubiri. Uru rubuto ruzwiho uburyohe bwihariye ruzwiho kurinda ubuzima cyane no guha umubiri ubwirinzi ku ndwara zitandukanye ariho havuye imvugo rusange “pome imwe ku munsi ikurinda kwa muganga” Akamaro ka pome ku buzima Pome nubwo zikennye ku byongera imbaraga, zikize kuri fibre birinda kwiyongera kw’amavuta mabi mu mubiri. Fibre zirinda amara kuba yakwangizwa n’ibintu bibi twagereranya n’uburozi bushobora kwinjiramo Vitamini C uretse gufasha ubwirinzi bw’umubiri inagira uruhare mu kurinda indwara z’umutima no kurwanya kuribwa mu ngingo. Ibyo ugomba kuzirikana Mu mihingire ya Pome, hakunzwe gukoreshwa imiti irinda udusimba twonona ibihingwa; kubera ingaruka zaterwa n’ubwandure bwa Pome mu gihe isarurwa, mbere yo kuyirya ugomba kuyironga neza mu mazi menshi.  

AKAMARO K'UBUNYOBWA MU MUBIRI WAWE

Image
Ubunyobwa tugiye kuvuga hano ni ubwitwa arachides mu gifaransa, bukitwa peanuts mu cyongereza. Gusa hariho ibindi byitwa ubunyobwa nka cashew nuts, almonds n’ utundi kandi intungamubiri zirimo inyinshi bizihuriraho. Ubunyobwa buribwa bukaranze, wabukoramo isupu, ndetse hari n’ababuhekenya ari bubisi. Akamaro ku buzima Ubunyobwa ni isoko ya za aside zo mu bwoko bwa omega-3. Muri zo twavuga linoleic acid, alpha-linoleic acid, eicosapentaneonic acid, n’izindi. Izi aside zose zizwiho kurinda kubyimbirwa no kuribwa, kugabanya ibyago byo kugira umuvuduko ukabije w’amaraso, indwara z’umutima, kanseri y’amabere, iy’amara n’iya prostate, izi aside kandi zinarinda rubagimpande, indwara y’ibisazi (Schizophrenia), iyo kwibagirwa (Alzheimer’s disease), no kudatuza. Ubunyobwa bukaranze ni isoko nziza ya zinc. Uyu mwunyungugu ugirira akamaro abagabo n’abagore nubwo akamaro kayo kaboneka cyane ku bagore kurenza abagabo. Zinc ifasha umubiri kwirinda ibyuririzi n’izindi mikorobe zi...

SOBANUKIRWA AKAMARO K'INDIMU MU MUBIRI WAWE.

Image
Indimu, urubuto rw’ingenzi ku buzima. Kenshi ujya ubona abantu banywa amazi arimo indimu kuko izwiho kuba ifasha ku bantu bashaka kugabanya ibiro, tugiye kurebera hamwe iyindi mimaro aya mazi arimo indimu agira ku mubiri. Ni iki aya mazi afasha umubiri? Indimu ubwayo ikungahaye cyane kuri vitamini C na za B nyinshi, ikize ku butare, manyesiyumu, kalisiyumu, fibre na potasiyumu. Kubera indimu ishobora kwangiza ishinya yawe, ndetse ikaba yakwangiza amenyo yawe ni byiza kutayirya yonyine kenshi. Biba byiza gufata indimu ukayishyira mu mazi y’akazuyazi (uretse ko n’andi wayakoresha) Dore akamaro bigirira umubiri : Afasha mu igogorwa ry’ibiryo no gusukura urwungano ngogoz i. Ku bantu bagira ikibazo cyo gutinda kw’ibiryo mu nda bakumva batumbye, ikirungurira, cg gutura imibi cyane uyu ni umuti mwiza cyane Asukura umubiri wawe muri rusange. Niba ushaka gusohora imyanda n’ubundi burozi bwangiza ingingo zawe uyu ni umuti w’ibanze, k Aya mazi aha umubiri wawe ubudahangarwa buh...

SOBANUKIRWA AKAMARO K'AMAGI MU MUBIRI WAWE

Image
Amagi Amagi ari mu byo turya bitugezaho intungamubiri zinyuranye kandi nyinshi. Gusa anavugwaho byinshi binyuranye, nk’umubare utagomba kurenza mu cyumweru, n’ibindi byinshi tugiye kureba. Amagi afite vitamini nyinshi n’imyunyungugu inyuranye bikaba bikenerwa kugira tugire indyo yuzuye. Tugiye kurebera hamwe intungamubiri dusanga mu igi n’akamaro ka buri imwe mu mubiri wacu Amagi akungahaye ku ntungamubiri zitandukanye  Vitamini A: iyi izwiho kurinda uruhu, ubudahangarwa bw’umubiri ikanafasha amaso kureba neza. Ubu abana bayihabwa nk’igitonyanga mu kubarinda ubuhumyi mu hazaza Vitamini B2: ifasha mu ikorwa ry’ingufu umubiri ukoresha, mu ikorwa z’insoro zitukura, ubuzima bw’amaso n’imikorere y’urwungano rw’imyakura Vitamini B12: nayo ifasha mu ikorwa ry’ingufu, mu budahangarwa bw’umubiri, insoro zitukura n’imikorere y’ubwonko Vitamini B5: iyi ifasha mu ikorwa ry’ingufu n’imikorere myiza y’ubwonko Vitamini D: iyi izwiho gufasha mu gukomera kw’amagufa n’amenyo ik...

AKAMARO KA SOYA MU MUBIRI WAWE

Image
Soya  Soya ibarirwa mu binyamisogwe ikaba ikiribwa gifite intungamubiri zinyuranye kandi nyinshi. Ku bantu badakunda cg badashobora kurya inyama, soya ni imvano nziza y’ibyo umubiri ukura mu nyama, iki nicyo gituma benshi bayigereranya n’inyama. Ni mu gihe kuko uretse vitamini B12 iboneka mu bikomoka ku matungo; ibindi byose wakura mu nyama wabisanga no muri soya ndetse by’umwihariko yibitseho poroteyine zikubye 3 iziba mu nyama. Muri soya dusangamo: Intungamubiri arizo:poroteyine, ibitanga ingufu, fibre, n’amasukari atari menshi (ntacyo yatwara abarwaye diyabete) Imyunyu ngugu nka: Manganese, calcium, zinc, phosphore, potassium, ubutare (fer), umuringa, magnesium na molybdenum Vitamini zibonekamo ni: Vitamini B1; B2; B6 na B9; C na K. Ibi byose bigize soya nibyo bituma ikora ibi bikurikira : Ifasha umubiri kurwanya indwara zinyuranye z’amagufa nko kuribwa kwayo cyangwa kumungwa Ifasha umubiri mu mikorere yawo yose aho itera ingufu umubiri no kugira umuvuduko K...

AKAMARO K'UMWEMBE MU MUBIRI WAWE

Image
Umwembe Umwembe ni umwe mu mbuto zizwi cyane kandi zikundwa na benshi kubera impumuro n’uburyohe ufite, ukungahaye ku ntungamubiri zitandukanye dore ko witwa “ umwami w’imbuto “. Umwembe uba mu mabara 3; icyatsi, umuhondo n’umutuku. Ese umwembe ukungahaye kuki? Umwembe ukize cyane ku ntungamubiri nyinshi, kuko ugaragaramo: Vitamine 20 zitandukanye, fibre kimwe n’izindi ntungamubiri Vitamine C yose umubiri ukenera ku munsi ushobora kuyibona mu mwembe 1 wa garama 100, ¼ cya vitamine A; ifasha kubona neza no gukomeza kurinda uruhu, umubiri ukenera nayo wayibona mu mwembe ungana utyo. Ubushakashatsi buheruka gukorwa bwerekana ko umwembe urinda kanseri ku rugero rwo hejuru. Kanseri y’amara, iy’ibere, iy’amaraso ndetse na kanseri y’uruhago ku bagabo. Niba wifuza urubuto rukungahaye kuri potasiyumu wizuyaza, kuko umwembe wa 100g ubamo ingana na 156mg. ibi kandi byabera byiza abantu barwaye cg bifuza kwirinda indwara z’umutima cg umuvuduko w’amaraso. Ibishishwa by’umwembe nt...

Sobanukirwa akamaro ka karoti Ugire uruhu rwiza kandi rukeye, utane n'ubuhumyi, gusaza imburagihe, kurwara kanseri n'indwara z'umutima .

Image
Akamaro ka karoti Hehe no kongera kurwara indwara zituruka ku kubura Vitamine A. Urugero nk'ibibazo bimwe na bimwe by'amaso. Rwose byibagirwe, kuko ubifashijwemo n'iki gihingwa gihambaye gisa na Orange, ushobora kubona Vitamine A umubiri wawe ukenera buri munsi. Iki gihingwa kandi, cyagufasha mu bintu byinshi nko kugira uruhu rwiza cyane kandi rukeye, kikakurinda kanseri, kandi kigatuma udasaza imburagihe, kuko karoti ikungahaye ku bintu birinda ubusaza. Soma byinshi ,umenye ukuntu wakoresha iki gihingwa kugirango kikugirire akamaro mu buryo bwuzuye: 1.Kongera ubushobozi bw’amaso: Karoti ikungahaye ku ntungamubiri zitwa beta-carotene zigera mu mubiri zigahinduka vitamin A igira uruhare mu kongera ubushobozi bwo kubona kw’ijisho. 2.Gukumira Kanseri mu mubiri: Ubushakashatsi bwerekana ko karoti zigabanya ibyago byo kwandura kanseri yo mu bihaha ndetse no mu ibere, muri iki gihingwa harimo falcarinol igira uruhare mu gukumira indwara ya kanseri. 3. Kurinda gusaz...

Inanasi.Dore ibintu 7 by'ingenzi ishobora gufashamo umubiri wawe.

Image
  AKAMARO K'INANASI MU MUBIRI WAWE Inanasi ibonekamo isukari ndetse kenshi abayirya bakurikirana uburyohe bwayo no kuba igira amazi menshi, ariko hari n’ibyiza byinshi ifitiye umubiri w'umuntu reka turebere hamwe bimwe muri byo. Inanasi ifasha gukomeza amagufa Inanasi ngo ibamo umunyungugu wa "manganese”, iyi ikaba yuzuyemo ibifasha umubiri kugira amagufa akomeye. Iyi manganese kandi  ifasha kubungabunga amagufa ku bantu bashaje ndetse ituma uruhu rusa neza. Inanasi kandi  ifasha kuringaniza urugero rw’isukari mu mubiri.          2. Ifasha mu igogorwa ry’ibiryo Uru rubuto  ni ingenzi mu igogorwa ry’ibyo kurya . Umuntu urya inanasi kenshi  aba arimo kwirinda ibibazo bishobora guturuka ku igogorwa ridakorwa neza. Ibi bikaba  biterwa na bromelaine iboneka mu inanasi ikaba  ifasha indurwe bigatuma acide zigabanuka mu gifu.       3. Ifasha gukomeza ingingo Inanasi ifasha inging...

AKAMARO K'UMUNEKE MU UMUBIRI WAWE

Image
AKAMARO K'UMUNEKE Icy'ibanze twawumenyaho:   Umuneke ni ikiribwa kiboneka ahantu henshi kwisi, ndetse no mu Rwanda ikaba iboneka ahantu hose. Iki kiribwa k ikaba gihabwa agaciro gake mu Rwanda ndetse hakaba hari na bamwe banga kugifungura ngo ni ikiribwa cy'abana ariko nk'uko tugiye kubibona gifite akamaro gakomeye kuko gifite ama vitamini asaga 11 ariko reka tuvuge make : Intungamubiri ziba mu muneke: Vitamin B6 21.5% Vitamin C 17.1% Manganese 16% Fibers(fibres)[zirwanya kwituma nabi( constipation )] 12.2% Potassium 12% Calories5% Akamaro kawo: Umuneke ni ikiribwa gikenewe kubantu bose kuva kumwana ukageza ku muntu mukuru (abasaza). Abantu bakora imyitozo ngorora mubiri babona imbaraga bikomotse mu kurya umuneke kuko umuneke ukize kuri potassium.U yu munyungugu wa potasiyumu ukaba ufite akamaro kanini cyane ku mikorere y'imikaya yaba iyo mu mubiri hasanzwe cyangwa se ifasha umutima gutera kuko iyo umuntu yawubuze mu mubiri we umutima we utera nabi cyane kan...