29 August, 2016

Filled Under:

UBUKI, Dore akamaro ubuki bufite ku buzima bwawe

Hari abantu bafata ubuki nk’ikintu kibonekamo uburyohe buhebuje nyamara hari ibindi ubuki bushobora kudufasha mu buzima bwacu bwa buri munsi.
ubuki bufite akamaro kanini ku buzima

1.    Bushora kukuvura udusebe two mu kamwa no mu mara. Kunywa amata n’utuyiko tubiri tw’ubuki kabiri ku munsi bizagufasha gukemura iki kibazo,
2.    Kugabanya umuvuduko w’amaraso na choresterol mbi. Kunywa amazi n’akayiko k’ubuki ukabikora buri munsi bishobora kugufasha gukemura iki kibazo,
4.    Gukiza igisebe. Gusiga ubuki ku gatambaro ugashyira ku gisebe bifasha kuba kitazamo amashyira ndetse kikanakira vuba.
5.    Ngo nanone ku bantu bafite indwara zitazwi cyangwa se zidakira bajya bakunda gufata amafunguro arimo ubuki ngo kuko byabafasha kuba bakoroherwa n’izo ndwara.

Kuba ubuki rero bushobora kugira umumaro nk’uyunguyu bubikesha ko buba bwakozwe hakusanyizwe ibyo inzuki ziba zakuye ku ndabo zitabarika, ndetse no ku bimera bitandukanye biba byivanzemo imiti y’umwimerere itanukanye. Twababwira kandi ko ubuki bubamo imyunyungugu itandukanye yose ifitiye umubiri akamaro ntagereranywa.

0 Comments: