20 October, 2015

,

Indwara yo kugorama kw'igitsina. Ese biterwa n'iki? bivurwa bite? ninde ufite ibyago byo kugorama igitsina?

Indwara yo kugorama kw'igitsina
Peyronie's Disease cyangwa se kugorama kw’igitsina cy’umugabo ni indwara igaragazwa no kugorama bikabije kw’igitsina cy’umugabo, iyi ikaba ari indwara yavumbuwe bwa mbere n’umuganga uvura indwara zibagwa wo mu gihugu cy’Ubufaransa, ari we Francois de la Peyronie, hari ahagana mu mwaka wa 1743.

Kugeza ubu nta muntu uzi neza ikintu gitera iyi ndwara. Cyakora, abahanga mu by’ubuzima bw’imyororokere bo batekereza ko iyi ndwara yaba iterwa n’impanuka ikabije yaba yageze ku gitsina, cyane cyane nko mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina ikoresheje ingufu nyinshi cyane zikabije.

Bakomeza bavuga ko hari abagabo bamwe bagira ibitsina bigoramye ariko kugorama kwabyo bidaturutse kuri iyi ndwara ahubwo ugasanga ari ko bameze mu buryo bwa karemano. Ariko kandi ngo uko byaba bimeze kose, kugorama kw’igitsina cy’umugabo bitera ububabare bukabije mu gihe umugabo akora imibonano mpuzabitsina ndetse bigatuma igitsina cy’umugabo kigaragara nk’aho ari gito mu burebure nyamara Atari ko bimeze. Iyi ni nayo mpamvu ituma abagabo bafite iki kibazo bashaka ubufasha kwa muganga kugira ngo barebe ko igitsina cyabo cyagororoka.
Mu ngaruka ziterwa n’iyi ndwara,harimo kugira imikorere mibi y’igitsina mu bijyanye no gufata umurego, kwihina ndetse no gukomera bikabije kw’igitsina cy’umugabo, kwigunga bitewe no kutiyumva neza mu muryango.
Kugeza ubu rero hari uburyo butari ukubagwa bwavumbuwe bwo gukosora iki kibazo. Ubwo buryo bukaba bukoresha akantu kameze nk’insimburagingo bita extenseur du penis gatuma igitsina kigororoka. Ubu buryo bubasha gukosora iki kibazo ku rugero ruri hagati ya 40 na 70 ku ijana.
Mu bushakashatsi yakoze, Dr. Wendy avuga ko ku bagabo bafite igitsina kigoramye, byaba ari karemano cyangwa bituruka ku ndwara ya ‘peyronie’ ari ngombwa kujya kwa muganga mu bihe bikurikira:
-Igitsina cyawe kikubabaza cyane mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina
-Mu gihe ubabara igitsina gifashe umurego
-Mu gihe wumva iki kibazo kikubangamiye
Tukaba rero tukugira inama yo kugana kwa muganga niba ufite iki kibazo kugira ngo uhabwe ubufasha.

Sobanukirwa akamaro ka karoti Ugire uruhu rwiza kandi rukeye, utane n'ubuhumyi, gusaza imburagihe, kurwara kanseri n'indwara z'umutima .

Akamaro ka karoti
Hehe no kongera kurwara indwara zituruka ku kubura Vitamine A. Urugero nk'ibibazo bimwe na bimwe by'amaso. Rwose byibagirwe, kuko ubifashijwemo n'iki gihingwa gihambaye gisa na Orange, ushobora kubona Vitamine A umubiri wawe ukenera buri munsi. Iki gihingwa kandi, cyagufasha mu bintu byinshi nko kugira uruhu rwiza cyane kandi rukeye, kikakurinda kanseri, kandi kigatuma udasaza imburagihe, kuko karoti ikungahaye ku bintu birinda ubusaza. Soma byinshi ,umenye ukuntu wakoresha iki gihingwa kugirango kikugirire akamaro mu buryo bwuzuye:

1.Kongera ubushobozi bw’amaso: Karoti ikungahaye ku ntungamubiri zitwa beta-carotene zigera mu mubiri zigahinduka vitamin A igira uruhare mu kongera ubushobozi bwo kubona kw’ijisho.
2.Gukumira Kanseri mu mubiri: Ubushakashatsi bwerekana ko karoti zigabanya ibyago byo kwandura kanseri yo mu bihaha ndetse no mu ibere, muri iki gihingwa harimo falcarinol igira uruhare mu gukumira indwara ya kanseri.
3. Kurinda gusaza imburagihe: Kuba karoti ziganjemo intungamubiri za beta-carotene ikungahaye ku bituma uturemangingo tutangirika mu mubiri usanga umubiri w’umuntu ukoresha karoti ukora neza bigakumira ubusaza bwa vuba.
4. Kurinda indwara uruhu: Vitamini A igira iboneka muri karoti irinda uruhu imirasire y’izuba yarwangiza, kuba mu mubiri nta vitamin A irimo bituma uruhu, umusatsi ndetse n’inzara bikakara ndetse bikaba byahindura ibara; abenshi bakoresha karoti bavanzemo ubuki mu kugira mu maso uruhu rwiza.
5. Kurinda indwara y’umutima: Ubushakashatsi bwagaragaje ko intungamubiri za carotenoids zifitanye isano no kugabanya ibyago byo kurwara umutima, karoti ntabwo zikungahaye gusa kuri beta-carotene ahubwo harimo na lutein igabanya ibipimo bya cholesterol mu mubiri ariyo iganisha ku mutima.
6.Isuku ku menyo ndetse no mu kanwa: Karoti ni igihingwa cyoza amenyo no mu kanwa, zikura ibintu byagiye bisigara mu menyo bishobora kuyangiza kuko zitera ivubura ry’amacandwe menshi, imyunyugugu iri muri karoti irinda amenyo ukwangirika.

19 October, 2015

Inanasi.Dore ibintu 7 by'ingenzi ishobora gufashamo umubiri wawe.

 AKAMARO K'INANASI MU MUBIRI WAWE
Inanasi ibonekamo isukari ndetse kenshi abayirya bakurikirana uburyohe bwayo no kuba igira amazi menshi, ariko hari n’ibyiza byinshi ifitiye umubiri w'umuntu reka turebere hamwe bimwe muri byo.

  1. Inanasi ifasha gukomeza amagufa
Inanasi ngo ibamo umunyungugu wa "manganese”, iyi ikaba yuzuyemo ibifasha umubiri kugira amagufa akomeye. Iyi manganese kandi  ifasha kubungabunga amagufa ku bantu bashaje ndetse ituma uruhu rusa neza. Inanasi kandi  ifasha kuringaniza urugero rw’isukari mu mubiri.  
       2. Ifasha mu igogorwa ry’ibiryo
Uru rubuto  ni ingenzi mu igogorwa ry’ibyo kurya. Umuntu urya inanasi kenshi  aba arimo kwirinda ibibazo bishobora guturuka ku igogorwa ridakorwa neza. Ibi bikaba  biterwa na bromelaine iboneka mu inanasi ikaba  ifasha indurwe bigatuma acide zigabanuka mu gifu.
      3. Ifasha gukomeza ingingo
Inanasi ifasha ingingo gukomera ndetse ikanarinda uburibwe mu ngingo bwa hato na hato, kandi ikanafasha mu gutuma mu gihe umuntu yakomeretse akira vuba ibikomere mu gihe yamenyereje uyu mubiri we uru rubuto.
     4.Inanasi ni ingenzi ku buzima bwo mu kanwa
Mu gihe abantu batari bake usanga bataka indwara z’amenyo,  umuntu ukunda kugira inanasi mu mbuto afata bimurinda izi ndwara kuko  ifasha mu gukomeza amenyo.
     5.Ifasha kureba neza
Urubuto rw’inanasi  rubonekamo ibyitwa beta carotene, ibi  bikaba ari ingenzi mu gutuma umuntu abasha kureba neza. Kurya inanasi buri munsi rero  bikaba bishobora kurinda umuntu ibyago by’indwara z’amaso.
    6.Ibonekamo vitamini C
Iyi vitamini ifasha umubiri kuringaniza urugero rw’ubukonje mu mubiri ndetse ikarinda ubudahangarwa bw’umubiri.
     7.Inanasi ishobora kurinda iseseme
Kuba ifasha mu kubungabunga ubuzima bwo mu kanwa, ngo haniyongeraho ko mu gihe byibura umuntu anyweye ikirahuri kimwe cy’umutobe w’inanasi ngo bishobora kumurinda kuruka.
source :izuba-rirashe.com