11 April, 2016

Filled Under:

Dore ibintu 5 wakora ugahagarika kwitsamura igihe uri mu bantu cyangwa uri ahantu hadakwiriye! Dore uko wabigenza.

Ushobora guhagarika kwitsamura igihe uri mu bantu cyangwa uri ahantu hadakwiriye! Dore uko wabigenza.

kwitsamura uri mu bantu benshi
Hari impamvu nyinshi zishobora gutuma ureka cyangwa uhagarika kwitsamura; ushobora kuba
wicaye mu nama cyangwa se mu materaniro, ushobora no kuba wagiye nko mu bindi birori cyangwa se uri nko mu muhango w’ishyingura kandi  ushobora kuba ari wowe uri imbere uyoboye ibiri kuba. Nanone ushobora kuba nta mushwari cyangwa urupapuro rw’isuku rwabugenewe witwaje. Muri icyo gihe nushaka kwitsamura uzabigenza gute?
Wihangayika hano naguteguriye ibintu bitanu by’ingenzi wakora kugirango uhagarike kwitsamura. Ubu buryo ngiye kukubwira uzahitamo ubwo ugomba gukoresha bitewe n’aho uri. Twagiye:
1) Tsindagira izuru ryawe: uti nabigenza gute?

Sa nkaho ukwega izuru ryawe(ukoresheje urutoki rw’igikumwe n’ururukurikira) izuru urigeze kure hashoboka. Ibi bizakurinda guhita witsamura kuko  uko gukwega izuru bituma ibintu bikoze igice kinini cyaryo twita cartilage mu rurimi rw’icyongereza nabyo bikweduka maze bigatuma kwitsamura bihita bihagarara

2)  Koresha ururimi rwawe: uti gute se?
Ushobora gukoresha ururimi rwawe kugirango uhagarike kwitsamura. Dore uko wabikora Tsindagira ururimi rwawe cyane ku menyo y’imbere yo hejuru kugeza igihe wumvise ubushake bwo kwitsamura buhagarariye. Nanone hari ubundi buryo bwo gukoresha ururimi. Fata ururimi urutsindagire mu rusenge rw’akanwa ariko usa nk’uhakirigita ugeze nko ku ma segonda 10; ibi bizahita bihagarika kwitsamura burundu.

3)   Byiringira aho izuru ritereye:
Iyo umutwe uri ku kurya akenshi ukunze gutsindagira cyangwa kubyiringira hagati y’ibitsike cyangwa aho izuru ritereye. Ibi bikunda no kukubaho iyo warwaye ibicurane. Ibi ni ukuri kandi ibi ni nabyo ugomba gukora kugirango uhagarike kwitsamura igihe uri ahantu hadakwiye.

4) Koresha amatwi n'ibice biyegereye:
Hari agace kabyimbye inyuma y’ugutwi kwawe ahagana hasi, igihe wumvise ushatse kwitsamura kabyiringire ariko usa nk’usunika amatwi uyerekeza  imbere kandi hejuru ku buryo usa nk’aho uri gukina n’amatwi yawe. Ibi nubikora bizahita bihagarika kwitsamura.

5) Kora ku buryo ureba mu rumuri rwinshi:
Kureba mu rumuri rwinshi igihe wari ugiye kwitsamura bihita bibihagarika

  The post Wari uzi ko ushobora guhagarika kwitsamura igihe uri mu bantu cyangwa uri ahantu hadakwiriye! Dore uko wabigenza. appeared first on Umusare.
And was Posted by RUTAYISIRE François Xavier kuri umusare.com

0 Comments: