11 January, 2017

Filled Under:

Ese koko itabi ryaba ritera kanseri? Ukuri kose ku byerekeye itabi.

WARI UZI KO UMWOTSI W'ITABI WUZUYEMO UBUROZI?,WARI UZIKO RISHOBORA KUGUTERA KANSERI? NIBA URINYWA IBI BIRAZA KUGUFASHA KWUMVA UBUBI BWARYO

- Kanseri zifata inyama zo mu nda hafi ya zose, itabi riza mu bya mbere bizitera (kanseri y‘umwijima, kanseri y’impyiko, kanseri yo mu ruhago rw’inkari, kanseri yo mu mazuru, kanseri yo mu gifu, kanseri yo mu mpindura, kanseri yo mu mura…)
- 80% y’abahitanwa na kanseri y’ibihaha baba bayitewe n’itabi !
Ibihaha byabaye umukara kandi byuzuyemo umwanda mwinshi, amenyo y’umukara, amaso atukura…hamwe no guhindura ibara ku ruhu rwo mu mugongo hamwe n’ibindi bimenyetso bitandukanye ni bimwe mubiranga umunywi w’itabi. Ibi byiyongeraho impumuro mbi haba mu kanwa no ku mubiri muri rusage, wakwinjira mu cyumba cy’umunywi waryo urinyweramo bikaba ibindi.
Wari uzi ko itabi riza mu myanya ya mbere mu kuba intandaro yo kurwara kanseri zitandukanye umuntu ahura na zo ?
Wari uzi ko 80% y’abahitanwa na kanseri y’ibihaha baba bayitewe n’itabi ?
Si ibyo gusa ; itabi riri mu bya mbere bitera kanseri yo mu nkanka, kanseri ifata umuhogo, kanseri y ‘umwijima, kanseri y’impyiko, kanseri yo mu ruhago rw’inkari, kanseri yo mu mazuru, kanseri yo mu gifu, kanseri yo mu mpindura, kanseri yo mu mura n’izindi kanseri zitandukanye kandi zihitana mwene muntu.
Itabi kandi ryangiza bikomeye imiyoboro y'amaraso ndetse rikanatera indwara z'umutima. Byumvikane neza ko amaraso aba yarangije kwangirika bikomeye. Uretse n'ibyo kandi haba mu nyama zose zigize umuntu amaraso azitemberamo; niba rero ibihaha byafashwe, impyiko...byanze bikunze amaraso atembera mu mubiri na yo arangirika bikomeye kubera itabi.
Umwotsi w’itabi kandi, uba wuzuyemo uburozi bugera ku bihumbi bine na magana inani (4,800) hanyuma 70 muri ubwo burozi burimo ibishobora gutera kanseri (cancérogènes) aha twavuga nka benzène, arsenic, chrome n’ubundi burozi butagira ingano.
Tubibutse kandi ko itabi ryica n’utarinywa mu gihe umunywi waryo arinywera mu ruhame, kuko umwotsi waryo ugera no ku batarinywa.

Mwabiteguriwe na NIYOMUBYEYI Theophile

0 Comments: