22 February, 2017

Filled Under: , ,

IBICECE: Menya imiti yagufasha kugabanya ibinure byo ku nda (ibicece) bikunda gutera benshi ipfunwe.

Kugira ibicece cyangwa se ibinure byo ku nda bikunda kubangamira abantu benshi. Kuba umuntu afite ibinure byinshi kunda bimutera ipfunwe no kutisanzura igihe ari mu bandi.
Kugira umubyibuho ukabije ku nda bibangamira abashakanye mu gikorwa cyo guhuza urugwiro.
Birashoboka cyane ko umuntu ashobora kwirinda umubyibuho ukabije w’inda hadakoreshejwe ubundi buryo bukomeye nka Liposuction (uburyo bukoreshwa kwa muganga mu kugabanya ibinure) bushobora ndetse kuzanira nyiri kubukoresha izindi ngorane zitandukanye ku buzima.
Nyamara kumenya ibiribwa ukwiye kurya ndetse no gukora imyitozo ngororamubiri ngo byagabanya umubyibuho ukabije w’inda.
Nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa internet: naturalnews.com , kurya neza ntibivuga kurya ibyo umuntu yiboneye, ahubwo kurya neza ngo ni ukurya indyo gakondo kandi ikungahaye ku ntungamubiri umubiri zishobora gukoreshwa neza n’umubiri bitawugoye kandi zitamuzanira ingorane zirimo umubyibuho ukabije w’inda.
Bumwe mu bwoko bw’ibiribwa bavuga bwafasha umuntu kugabanya ibinure byo mu nda

Kurya imbuto za Pomme: Inyigo nyinshi zakozwe mu gihugu cya Brazil kuri izi mbuto ngo zagaragaje ko abantu barya byibuze imbuto za pomme 3 ku munsi batakaza ibiro byinshi kurusha abatazirya uretse kandi ibi ,imbuto za pomme zikungahayemo intungamubiri zitwa pectin zirinda umuntu kanseri y’amara.

Umuneke: Kimwe n’imbuto za pomme, umuneke ubamo intungamubiri zitwa pectin zirinda umuntu kanseri y’amara, vitamin zitandukanye nka A, C, E, B6, imyunyungugu ya potassium, magnesium, ndetse n’ibinyamavuta bicye byose bishobora kurinda umubyibuho ukabije w’inda.
Inyanya: Nk’uko bitangazwa mu nyigo yakozwe na Dr Teruo Adawa ku nyanya, bavuga ko mu nyanya habonekamo intungamubiri idasanzwe yitwa 9-oxo-octadecanoic igabanya amavuta menshi mu maraso.
Avoka: Izi mbuto zo ngo zibonekamo ibyitwa lecithin birinda umwijima gukora akazi kenshi, bigafasha umuntu gufata mu mutwe ndetse bigatuma agira ibiro biringaniye kandi biri mu rugero.
Mu bindi bavugamo:

– Imboga za celeri zikoreshwa nk’ibirungo – Imbuto z’inkeri – Inyama z’intama – Ibintu bishobora kuribwa byose biva mu Nyanja
Hari n’ibinyobwa bishobora kugufasha Kwirinda ibinure ku nda
Gira amazi ikinyobwa cyawe cya buri munsi: Iyo unywa amazi buri munsi bifasha umubiri wawe kuvana ibinure, kuko amazi afasha mu igogorwa ry’ibiryo bityo kwa kumva ugugaraye mu nda byakurizamo no kumva wambyimbye ntibibeho. Fata ikirahure cy’amazi wongeremo umutobe w’indimu, w’ironji cyangwa w’ikibiringanya (Concombre) kugira ngo uyongerere uburyohe ku bantu banga amazi. Iyi mitobe yongera ububasha bw’amazi mu kugira munda hato,.
Gerageza kunywa Tangawizi; nuyikandira mu cyayi cyangwa ukayitogosa mu mazi, izagufasha kutabyimba mu nda.
Irinde ibinyobwa bisindisha, kuko niba ushaka kunanuka mu nda, inzoga ugomba kuzirinda kuko zituma bya binure aho gusohoka mu mubiri bigenda bikitsindagira mu nda. Burya niyo mpamvu ubona abantu banywa inzoga cyane cyane za byeri bagira mu nda hanini cyane!
Gukora imyitozo ngorora mubiri nabyo bifasha kugabanya ibinure mu nda. Ni byiza gukora imyitozo ngorora-mubiri yo kwiruka, ubushakashatsi bwagaragaje ko, gukora umwitozo ngorora-mubiri wo kwiruka bigabanya 67% by’ibinure mu mubiri w’umuntu cyane cyane ibyo mu nda.
Kora imyitozo yo kugorora mu nda (Abdominaux), ni umwitozo mwiza cyane ku bashaka kugabanya ibinure byo mu nda.
Kora umwitozo wo gusimbuka umugozi, nabyo bizagufasha gutwika ibinure biri mu mubiri cyane cyane ibiri ku nda.
Hari imiti iboneka muri Horaho life Company yabugenewe igabanya ibinure n’ imiti y’umwimerere ikorwa na Green world International nkuko muganga Uwizeye Dieudonne yabitangaje
Muriyo twavuga: Slimming capsules, Proslim tea
Uwizeye yatangaje ko abenshi babagana bafite umubyibuho ukabije ariko bamara gufata icyayi cya Proslim tea cyangwa ibinini bya Slimming capsules bigashira burundu. Nkuko yakomeje abidutangariza, umuntu ufite ibicece icyayi cya Proslim akinywa igihe kingana n’ibyumweru bitatu naho ibinini byo binywebwa mu gihe kingana n’ukwezi.
Ku bantu bashaka kwirinda umubyibuho ukabije, ni ahanyu ho gukurikiza imyitwarire n’imirire twabonye haruguru. Kubaba bafite iki kibazo bashaka imiti yabafasha bagana ivuriro ryacu aho rikorera mu mugi wa Kigali , mu nyubako yo kwa Rubangura. waza tukagufasha biruseho doreko tubasuzuma twasanga urwaye tugahita tuguha Umuti ugukiza ukisubirira mukazi  .Ubaye ushaka kumenya uburyo warinda umubiri wawe nuburyo wafasha abandi bafite uburwayi butandukanye waza tukaguhugura tugafatanya. Wikwitinya uburwayi ufite ubwo aribwo bwose tugane turagufasha .Dukorera Mu Mugi wa KIGALI kwa Rubangura. Hamagara 0722198296/0782796172/0733279892 cyangwa utwandikire kuri Whatsap kuri numero +250722198296  niba ushaka kwivuza, gufatanya natwe cyangwa kugura umuti.


1 Comments:

Sarah said...

I like each of the content material, I have to state we valued, We would love additional information regarding this particular, because of the fact it is very excellent., Thanks concerning exposing. Eczema Treatment