08 April, 2016

Filled Under:

GUHUNGABANA, GUHAHAMUKA, GUHANGAYIKA, NI IKI? DORE UKO WAHANGANA N'ICYO KIBAZO. DORE UKO WAFASHA UMUNTU UFITE ICYO KIBAZO.


Guhangayika ni iki?
Abantu bahangayitse bashobora kugira ibibazo mu buryo bwabo bwo gutekereza, uburyo biyumva cyangwa se uburyo bitwara. Mu yandi magambo, imitekerereze, imyumvire n’imyitwarire yabo birahinduka cyane. Ibi bibangamira cyane imibanire yabo n’abandi bantu, bikabangamira akazi kabo n'uburyo bwabo bwo kwishimira ubuzima.
Guhangayika bishobora gukomerera umuntu ku giti cye ndetse bitaretse n’umuryango we muri rusange. Ariko nta pfunwe biteye.
Ni iki gitera guhangayika? 
Ni iby'ingenzi cyane gusobanukirwa ko guhangayika k’umuntu atari ikosa rye. Rimwe na rimwe abantu bavuga ko biterwa n’amaraso mabi, igihano cyangwa ijisho ribi. Gusa ku rundi ruhande, abaganga bemera ko hari ibintu byinshi bishobora kuba imvano yo guhangayika aho harimo:
  • Ibibazo bishobora guturuka ku miterere y'ubwonko bw'umurwayi
  • Umunaniro n’ibibazo bya buri munsi
  • Kunyura mu bihe bitera guhangayika bikabije urugero nk'ibihe by'intambara cyangwa impanuka ikomeye.
Birakomeye kumenya bidashidikanywaho impamvu zitera guhangayika mu bihe byose. Rimwe na rimwe guhangayika ku mubiri bishobora kugaragarira mu marangamutima.
Mbese guhangayika ni karande? 
Ubushakashatsi bwerekana ko abantu bamwe bashobora kugira imiterere ibatera guhangayika. Kubera ko hari impamvu nyinshi zikomeye, twakugira inama yo kubiganiraho na muganga wawe.
Ese guhangayika birandura?
Guhangayika si nk’ibicurane cyangwa iseru, ntibyandura.
KANDA HANO USOME AMOKO Y'IHUNGABANA,IBIMENYETSO N'INGARUKA BIGERA KU MUNTU UFITE IHUNGABANA

CYANGWA UKANDE HANO UREBE UKO BAVURA IHUNGABANA N'UKO WAFASHA UMUNTU UFITE IHUNGABANA

Edited by BAZA MUGANGA from https://healthreach.nlm.nih.gov/documents/What%20is%20Mental%20Illnesss%20-%20Kinyarwanda.pdf

0 Comments: