08 April, 2016

Filled Under:

IHUNGABANA: MBESE IKIBAZO CYANGE ABAGANGA BAZAKIGIRA IBANGA? UKO UMUNTU UFITE IHUNGABANA AVURWA, N'UKO AFASHWA



Ni iki cyakorwa ngo umuntu ufite ihungabana afashwe?
Abantu bahura n’ibi bimenyetso by'ihungabana bagomba gushaka ubufasha bwa muganga. Agahinda n'ihungabana ni kimwe n’uburwayi bw’umubiri. Ni ingirakamaro kuvurwa kugira ngo ukire. Iyo umuntu avuwe hakiri kare ashobora gukira vuba cyane.
IHUNGABANA: MBESE IKIBAZO CYANGE ABAGANGA BAZAKIGIRA IBANGA? UKO UMUNTU UFITE IHUNGABANA AVURWA, N'UKO AFASHWA
Kimwe muri ibi cyangwa uruvange rwa byose gishobora gufasha umuntu:

  • Imiti ishobora gukiza uburyo bumwe bwo guhangayika. Bifasha kumenya no gucunga neza ibimenyetso.
  • Inkunga n’ubufasha ni ukuvugana n’uwo muntu kugira ngo ahangane n’ibyo bibazo, kumufasha gutsinda agahinda n’ibimenyetso byako.
  • Inama z’amatsinda afasha no kuba hamwe n’abandi bantu bafite ibibazo byo guhangayika.
  • Kwifatanya kw’imiryango ifite abantu bafite ibibazo byo guhangayika. Aya matsinda aha abantuamahirwe yo kuvugana ku bibazo, kwigiranaho ibyo guhangayika no gufashanya.Intego y’ubu bufasha ni ukugarurira icyubahiro, agaciro n’icyizere abantu bafite ibibazo byo guhangayika.
 Nabona he ubu bufasha?
  •  Abatanga ubutabazi bw’ibanze 
 Muganga wawe ashobora kugusuzuma kugira ngo yizere ko nta bituruka  ku mubiri bifitanye isano. Bashobora kuvura umuntu ufite ibibazo byo guhangayika. Muganga wawe ashobora kukurangira no kukohereza ku zindi serivisi zibizobereyemo.
  • Amavuriro ya Leta yita ku buzima bwo mu mutwe
Abakozi barimo abavuzi b’indwara zo mu mutwe, inzobere mu by’ubuzima bwo mu mutwe,abaforomokazi bakurikirana uburwayi bwo mu mutwe, abavura uburwayi buturuka ku kazi n’abita ku bantu. Batanga ubufasha bunyuranye ku bantu bafite ibibazo byo guhangayika cyangwa imiryango yabo. Ibi bishobora kubamo ubufasha mu gihe bagize ikibazo.
  • Ibitaro bivura indwara zo mu mutwe 
Niba umuntu arembye cyane akeneye kuba mu bitaro. Abantu bashobora kujyanwa ku bitaro
bidaturutse ku bushake bwabo, niba hari impungenge y’uko yakwigirira nabi ubwe cyangwa akagirira nabi abandi. Iyo umuntu amaze gushyirwa mu bitaro, ubuzima bwe bwo mu mutwe bukurikiranwa ubudasiba. Intego yo kumushyira mu bitaro ni ugushyira ku murongo ubuzima bwe bwo mu mutwe vuba bishoboka, kugira ngo agaruke mu rugo.
Mbese ikibazo cyanjye kizagirwa ibanga?
Iyo ubonana n’inzobere mu by’ubuzima, amakuru yerekaranye n’ikibazo cyawe ntashobora guhabwa undi muntu uwo ari we wese utabimuhereye uruhushya. Iyo hari umusemuzi, na we ibyawe agomba kubigira ibanga. Ni ingirakamaro ko umuntu ufite ibibazo byo guhangayika avurwa kugira ngo akire. Uko guhangayika birushaho kumara igihe bitavuwe ni ko bitwara igike kirekire kugira ngo bikire.
Ni he navana andi makuru?
Baza muganga wawe uguha ubufasha bw’ibanze kugira ngo ubone andi makuru.
Niba wowe, umwe mu bagize umuryango cyangwa incuti afite ibibazo byo guhangayika bigeze ku rwego rwo hejuru kandi muganga uguha ubufasha bw’ibanze akaba adahari, ugomba kugana icyumba cy’indembe(emergency) mu bitaro bikwegereye.
KANDA HANO USOME IHUNGABANA, GUHAHAMUKA, GUHANGAYIKA NI IKI? 
 CYANGWA UKANDE HANO UREBE UKO BAVURA IHUNGABANA N'UKO WAFASHA UMUNTU URIFITE

Source: adapted by BAZA MUGANGA from https://healthreach.nlm.nih.gov/documents/What%20is%20Mental%20Illnesss%20-%20Kinyarwanda.pdf
 

0 Comments: