08 April, 2016

Filled Under:

AMOKO Y'IHUNGABANA, IBIMENYETSO N'INGARUKA BIGERA KU MUNTU UFITE IHUNGABANA

Guhangayika kurimo ayahe moko y’ingenzi? 
  • Ibibazo by’ubwoba
  • Ibibazo bituruka ku ihungabana (PTSD)
  • Kwiheba
  • Guta umutwe
  • Kudahuza ibintu n’ukuri
KANDA HANO USOME IHUNGABANA, GUHAHAMUKA, GUHANGAYIKA NI IKI?
IBIMENYETSO BY'IHUNGABANA
Ibibazo by’ubwoba
Umuntu ashobora kugira gukangarana gukabije, ubwoba cyangwa umutima uhagaze.
Ibimenyetso rusange birimo:
  • Umuvuduko ukabije w’amaraso,
  • Gutera k’umutima gukabije,
  • Guhungabana mu mikorere y’igifu,
  • Gusuhererwa,
  • Kubyimba kw’imyakura,
  • Kumva udatuje,
  • Kubura ibitotsi.
Ibibazo bituruka ku ihungabana (PTSD)
Ibimenyetso rusange birimo:
  • Inzozi mbi,
  • Gutekereza cyane ku ihungabana wagize,
  • Kubura ibitotsi,
  • Kwikanga ku buryo bworoshye.
  • Kwiheba
  • Kwibeha bigira ingaruka ku miterere y’umuntu.
Kwiheba kudakabije:
Abantu benshi bagira kwiheba kudakabije mu buzima bwabo, urugero nk’ishavu cyangwa kudashaka kugira icyo wakora.
Kwiheba gukabije:
Ibimenyetso bishobora kubamo:
  • Kubabara cyangea kwiheba bikabije;
  • Gutakaza ubushake bwo gukora ibintu byose, nk’akazi, ibikuruhura mu mutwe cyangwa isuku;
  • Ibibazo byo gusinzira;
  • Kutaryoherwa;
  • Gutakaza ibiro;
  • Gucika intege;
  • Kumva wakwiyahura cyangwa gushaka gupfa;
  • Kwishinja icyaha;
  • Guta ibyiringiro;
  • Kumva nta gaciro ufite
Kwiheba, byaba bidakabije cyangwa bikabije, bishobora kuba ingaruka z’ibyakubayeho mu buzima nko kubura uwo ukunda, kubura akazi cyangwa kugerageza kwimenyereza ubuzima mu gihugu wimukiyemo. Icyakora bishobora kutagira impamvu zigaragara zizwi. Niba utazi neza uko kwiheba kwawe kungana, shaka inzobere ikugire inama. 
KANDA HANO UREBE UKO BAVURA IHUNGABANA N'UKO WAFASHA UMUNTU UFITE IHUNGABANA
Guta umutwe
Kwibeha bigira ingaruka ku miterere y’umuntu. Umuntu ashobora guhindagurika cyane, akamanuka cyangwa akazamuka mu bijyanye n'ibyiyumvo.
Ibimenyetso byo “kumanuka” kw’imiterere y’umuntu birimo:
  • Ibyiyumviro byo gutsindwa cyangwa kutagira agaciro;
  • Kumva wakwiyahura cyangwa gushaka gupfa;
  • Imimerere y’ubwihebe;
  • Ibibazo byo gusinzira;
  • Kutaryoherwa.
Ibimenyetso byo “kuzamuka mu miterere y’umuntu birimo:
  • Kurakara,
  • Imvugo ishobora kudasobanuka kubera kuvuga vuba vuba;
  • Gutungurana;
  • Kwiyumvamo ko ukomeye cyangwa ufite ububasha buhambaye.
  • Umuntu urangwa no guta umutwe (Ibi na none byitwa “guhinduka vuba”) ashobora guhinduka mu miterere ye yose.
Guhinduka mu miterere yose:
  • Ibi bibaho iyo umuntu atazi ibiriho cyangwa adashoboye gutandukanya ukuri n’ikinyoma
  • Kudahuza ibintu n’ukuri
Ikibazo gikunze kubazo cyo mu mutwe ni ukudahuza ibintu n’ukuri.
Ibimenyetso bishobora kubamo:
  • Kumva ugize urujijo cyangwa wihebye;
  • Kwiheza mu muryango, mu ncuti no kugabanya kwegerana n’abandi;
  • Kumva amajwi y’abantu badahari cyangwa badashobora kumvwa n’undi uwo ari we wese;
  • Kwiyumvisha ko abantu bashaka kukugirira nabi;
  • Kwiyumvisha ko uri umuntu ukomeye cyangwa ufite ububasha;
  • Ibyiyumviro n’ibitekerezo bishobora kudahuza, urugero, nko guseka mu bibabaje nta mpamvu igaragara;
  • Kudashobora gukora imirimo ya buri munsi, urugero nko kwita ku isuku yawe cyangwa imirire yawe.
Source: adapted by BAZA MUGANGA from https://healthreach.nlm.nih.gov/documents/What%20is%20Mental%20Illnesss%20-%20Kinyarwanda.pdf

0 Comments: